Home » » Urukundo n’ibigeragezo (agace ka 3)

Urukundo n’ibigeragezo (agace ka 3)

Rurangwa yanga gukomeza kubabaza Maliza,
niko guhitamo kumubwira ikimuri k’umutima
nubwo bitari bimworoheye namba. Nkuko
bisabwe yahoraga avuga atuje, nta nabi
namba yagiraga, noneho byakongeraho
agahinda kamwuzuye umutima, ijwi rye
rikarushaho gutera Maliza imbabazi.
Rurangwa ati, Maliza mugore nkunda,
wibabara, ntabwo nkuko umaze kubivuga
twahagurutse i Kigali tukarinda tugera kuri iki
kirwa cy’Ijwi ngambiriye kukubabaza. Nubwo
usa nutumva ikimbabaje, gusa umutima wanjye
ntuhwema no gushengurwa no kuba ntazigera
mbasha kuguha akana. Nubwo utabinyereka,
ariko imyaka ishize ari icumi yose,mbabazwa
nuko abaganga bagaragaje ko ari jye utabyara,
ariko wowe ukaba ukomeza kwihangana
ukabana nanjye.
Maliza ababazwa cyane nayo magambo
Rurangwa umugabo yihebeye amubwiye, ariko
kandi yihutira kumuhumuriza kuko intimba yari
yikoreye yari imuremereye umutima mu buryo
bukomeye. Maliza afata ikiganza cy’umugabo
we agishyera mugituza cye, maze amubwirana
umutuzo mwinshi ndetse n’ijwi ryuzuye
urukundo, ati hutumra mugabo nkunda,
ntangajwe n’uko ufite ingingimira kuri icyo
kibazo. Nyizera, niba ari ikibazo cy’umwana
ufite, tuzarera imfubyi cyangwa turerere
abakene nyakujya.
Kutabyara kuri njye si
ubusembwa ufite, wangize umwami kazi mu
rugo rwacu, urankundwakaza ku buryo kuba
kure yawe kabone n’iyo yaba ari amasaha
make mbirwara agahinda.
Rurangwa yari amuteze amatwi ntacyo avuga,
gusa amagambo Maliza amubwiye amukora
kumutima cyane ashaka kumwegera ngo
amusome, ariko Maliza amushyira ikiganza ku
munwa byo kumubwira ati buretse, kuko yari
akeneye kumubwira ijambo rikomeye, maze
aramubwira ati "Rura, ndagukunda urabizi,
niba hari n’ugushidikanya na guto wari ufite
mu mutima, umenye ko ikizantanya nawe ari
urupfu gusa, kandi nabwo nzagukurikira".
Rurangwa ntiyagira icyo asubiza, gusa
aramwegera buhoro cyane maze aramusoma,
maliza nawe anyurwa nubwo buryohe, maze
arahumiriza, akayaga ko muri ibyo biti
by’ikirwa cy’ijwi ndetse n’umuhindo w’amazi
y’ikiyaga cya kivu, bitwara amaganya ya
Rurangwa, bisindira umundendezo
utagabanyije. Ntacyabakomaga nta n’ijisho
ryabarebaga bari bonyine rukumbi muri ako
gashyamba, maze urukundo rurabataha, Maliza
afungura iipesu by’ishati y’umugabo we,
yegeka umusaya muri icyo gituza cyamuteraga
iteka gususumira,maze yiruhutsa avuga mu ijwi
ryongorera, ati "Ndagukunda bidasubirwaho
ngabo inkingira".
Kamanzi nawe ubwo yapfuye kubageza ku
Kirwa cy’ijwi yihutira ibwami, akoza inkuru
igisonga cy’Umwami w’ikirwa cy’ijwi Mbabazi,
umugambi barawunoza maze Mbabazi
yiyemeza kubwira umwami inkuru nziza
amuzaniye.


Ntucikwe n’agace ka 4.

Share this article :

0 comments:

Post a Comment

 
Copyright © 2015. Nicyo Gihe
Blogger Templates