Bidatinze babona umusare wiyemeza
kubambutsa akabageza ku kirwa k’Ijwi akaza
no kubagarura ku kibuye umugoroba ukubye.
Rurangwa amubaza uko yitwa, umusarer
amusubiza ko yitwa Kamanzi. Ibyishimo byari
byose kuri Maliza na Rurangwa ko umunsi
wabo wari watangiye neza none babakaba
banakomeje kunogerwa n’ubwiza bw’ikiyaga
cya Kivu ndetse n’uturwa twinshi twituriye mu
mutozo mwishi w’ayo mazi y’ikiyaga cya
Kibuye afite ubwiza utasanga ahandi.
Baganiraga iteka bitetera, bahora bisekera
ntawari kumenya ko bari bamaranye imyaka
irenga icumi.
Urukundo rwari rukiri rwose
ntagushidikanya ko bari barahuye bahwanye.
Bidatinze bagera ku kirwa cy’ Ijwi. Mbega
ubwiza bwaho bari bahingukiye ku kirwa
cy’ijwi! Rurangwa na Maliza biyemeza kutajya
kure dore ko bwari n’ubwa mbere bari
bitembere ikirwa cy’Ijwi.
Mbere yo gutangira gutambagira ako
gashyamba k’icyo kirwa ku nkengero za Kivu,
Ruranga yihanangiriza Kamanzi, amubwira
isaha agomba kugarukiraho kubatwara
akabasubiza ku Kibuye, dore ko batari butinde
cyane cyane ko amasaha yari atangiye
gukura. Kamanzi abasubiza ko nta kabuza ari
bwubahirize igihe bumvikanye. Amagambo
yanyuma ayavuga arenga ariko bigaragara ko
afite ibyishimo byinshi.
Rurangwa na Maliza, basasa agatenge mu
busitani bwiza ku nkengero z’i Kivu.
Rurangwa
niko kwiruhutsa maze abwira maliza ko
amukunda byabuze akagero ariko kandi ko
ahora yumva ari umugabo udashobora kuzigera
umuha umunezero urambye. Maliza wari
uryamye kubibero by’umugabo we, atangazwa
cyane n’ayo magambo ya Rurangwa, niko
kubyuka amurebana ubwuzu bwinshi amubaza
ikimuteye kuvuga amagambo akomeretsa bene
ako kageni.
Rurangwa ntiyahita avuga ikimuri ku mutima,
gusa yitsa umutima, abwira Maliza ko arimo
kwirengangiza ibyo azi. Maliza wari uzi
umugabo we neza, abona ko koko ashengurwa
umutima. ahitamo kumuhumuriza, amubwira
ati " Rurangwa mugabo nkunda, nubwo wanze
kumbwira ikikubabaje, mbabarira wishime
ureba ubwiza bw’iki kirwa, aka kayaga gahuha
mu biti gatware umubabaro wawe kawute
ishyanga inyuma y’ishyamba, wongere
unezerwe kandi ureba njyewe umugore wawe
ugukunda kandi utazigera ukubabaza na
rimwe.
Ayo magambo akora ku mutima cyane
Rurangwa, maze yiyemeza kubwira Maliza
ikimushengura umutima.
Ntucikwe n’agace ka 3.
kubambutsa akabageza ku kirwa k’Ijwi akaza
no kubagarura ku kibuye umugoroba ukubye.
Rurangwa amubaza uko yitwa, umusarer
amusubiza ko yitwa Kamanzi. Ibyishimo byari
byose kuri Maliza na Rurangwa ko umunsi
wabo wari watangiye neza none babakaba
banakomeje kunogerwa n’ubwiza bw’ikiyaga
cya Kivu ndetse n’uturwa twinshi twituriye mu
mutozo mwishi w’ayo mazi y’ikiyaga cya
Kibuye afite ubwiza utasanga ahandi.
Baganiraga iteka bitetera, bahora bisekera
ntawari kumenya ko bari bamaranye imyaka
irenga icumi.
Urukundo rwari rukiri rwose
ntagushidikanya ko bari barahuye bahwanye.
Bidatinze bagera ku kirwa cy’ Ijwi. Mbega
ubwiza bwaho bari bahingukiye ku kirwa
cy’ijwi! Rurangwa na Maliza biyemeza kutajya
kure dore ko bwari n’ubwa mbere bari
bitembere ikirwa cy’Ijwi.
Mbere yo gutangira gutambagira ako
gashyamba k’icyo kirwa ku nkengero za Kivu,
Ruranga yihanangiriza Kamanzi, amubwira
isaha agomba kugarukiraho kubatwara
akabasubiza ku Kibuye, dore ko batari butinde
cyane cyane ko amasaha yari atangiye
gukura. Kamanzi abasubiza ko nta kabuza ari
bwubahirize igihe bumvikanye. Amagambo
yanyuma ayavuga arenga ariko bigaragara ko
afite ibyishimo byinshi.
Rurangwa na Maliza, basasa agatenge mu
busitani bwiza ku nkengero z’i Kivu.
Rurangwa
niko kwiruhutsa maze abwira maliza ko
amukunda byabuze akagero ariko kandi ko
ahora yumva ari umugabo udashobora kuzigera
umuha umunezero urambye. Maliza wari
uryamye kubibero by’umugabo we, atangazwa
cyane n’ayo magambo ya Rurangwa, niko
kubyuka amurebana ubwuzu bwinshi amubaza
ikimuteye kuvuga amagambo akomeretsa bene
ako kageni.
Rurangwa ntiyahita avuga ikimuri ku mutima,
gusa yitsa umutima, abwira Maliza ko arimo
kwirengangiza ibyo azi. Maliza wari uzi
umugabo we neza, abona ko koko ashengurwa
umutima. ahitamo kumuhumuriza, amubwira
ati " Rurangwa mugabo nkunda, nubwo wanze
kumbwira ikikubabaje, mbabarira wishime
ureba ubwiza bw’iki kirwa, aka kayaga gahuha
mu biti gatware umubabaro wawe kawute
ishyanga inyuma y’ishyamba, wongere
unezerwe kandi ureba njyewe umugore wawe
ugukunda kandi utazigera ukubabaza na
rimwe.
Ayo magambo akora ku mutima cyane
Rurangwa, maze yiyemeza kubwira Maliza
ikimushengura umutima.
Ntucikwe n’agace ka 3.
0 comments:
Post a Comment