Home » » Urukundo n’ibigeragezo (Agace ka 1)

Urukundo n’ibigeragezo (Agace ka 1)

Mu gitondo cya kare cy’umuseso Maliza
arazinduka, arakaraba, arangije ategura
amafunguro bari bufate bageze ku kibuye,
akanyamuneza ari kose, aririmba uturirimbo
tw’urukundo dore ko yahoraga anezerewe
kandi ntakabuza yari yarashatse neza.
Rurangwa umugabo we bakundanaga urukundo
rutagereranywa. Bari bamaranye imyaka icumi
babana, ariko basaga nkaho bakibereye mu
kwezi kwa buki.
Maliza, anyarukira mu cyumba bararamo,
aryama iruhande rw’umugabo we Rurangwa
wari ugisinziriye, arangije amwongorera buhoro
ati byuka mugabo nkunda witegure dore
haracyeye kandi urugendo dufite ni rurerure.
Rurangwa, abyumva vuba nubwo agatotsi ka
mu gitondo kari kamutwaye, niko gukanguka,
ariyorosora, asoma umugore we yakundaga
byabuze akagero, ati waraye ute mugore
nkunda? Maliza arisekera, ati iyo mfumbaswe
nawe ntakinkanga urabizi ko amajoro yanjye
yose nawe ntako asa. Rurangwa abyuka vuba
ajya mu rwogero, yikozamo iminota micye
arangiza kwitegura.
Bagize ngo basohoke, basanga akavura
karagwa, Maliza ati twizere ko iyi mvura
igarukira i kigali gusa, ko iri buduhe amahoro
nibura Ku kibuye tukahasanga akazuba maze
umunsi wacu ukatubera mwiza. Rurangwa
araseka ati ibyo namaze kubisaba Imana kandi
nizeye ntashidikanya ko ariko biri bugende.
Bafata imodoka, berekeza iya Kibuye, dore ko
bari banahakumbuye. Bahaherukaga nyuma
gato yo kurushinga, kandi bari barahagiriye
ibihe byiza cyane. Mu kwizihiza rero isabukuru
y’imyaka icumi bamaze babana kandi urukundo
rwabo rurushaho gukura umunsi ku munsi,
Rurangwa na Maliza bari biyemeje ko
bagomba gusubira ku Kibuye.
Munzira bagenda biyibutsa ibihe byiza bagiye
bagira burimwaka, baririmbirana uturirimbo
twiza ttubakora ku mutima, ntibamenye igihe
bageze ku kibuye. Rurangwa afata mu mbavu
umugore we Maliza akunda byabuze akagero,
bagana ku kivu bakuramo inkweto, ibirenge
mumazi baze bumva umunyega w’urukundo
bakikijwe n’ubwo bwiza butagira uko busa
Rurema yahaye uwo mujyi utagira uko usa
uherereye mu burengerazuba bw’u Rwanda.
Batangira agakino kabo kaburi munsi ka
"Ndagukunda" undi ati "oya,ninjye ugukunda"
undi ati yego urankunda ariko njye ngukunda
kurusha, maze si uguterana amazi rukabura
gica.
Rurangwa areba hakurya mu mazi abona
ubwato, maze agira igitekerezo, niko kubwira
Maliza, ati umunsi wacu uraba mwiza kurusha
nitunyarukira kukirwa cy’ ijwi.
Maliza amusubiza ko ntako bisa kugira
umugabo umutetesha nkawe. Niko kwitegura
maze bajya gushaka ubwato bwabambutsa
bukabageza kukirwa cy’ijwi bukaza no
kubacyura umugoroba utashye.

Ntucikwe n’agace ka 2

Share this article :

0 comments:

Post a Comment

 
Copyright © 2015. Nicyo Gihe
Blogger Templates